Mu gace k’uyu munsi, turumva uko abatutsi amagana n’amagana bahungiye mu ishuri ry’ubumenyingiro rya Kigali rizwi nka ETO aho bari bizeye ko ingabo z’umuryango w’Abibumbye zari ziri mu Rwanda mu butumwa bw’amahoro, zari kubarinda. Ibyo bari biteze siko byagenze kuko izo ngabo z’umuryango w’Abibumbye zari zikambitse muri ETO zabatereranye bituma Interahamwe zihicira Abatutsi babarirwa mu 2000. Ubwicanyi bwarakomeje mu gihugu hose abatutsi bicirwa mu mashuri, mu nsengero ndetse no mu ngo.
Hosted on Acast. See acast.com/privacy for more information.