Share Zion Temple Kimironko
Share to email
Share to Facebook
Share to X
IMANA YATANZE INCUNGU KUBWAWE | PASTOR DIDIER HABIMANA
Ba maso wirinda imyenda ishaje - Pastor Didier HABIMANA
Kugera ikirenge mucya Kristo
Pastor Didier
5/9/2021
1 Petero 2:21
kandi ibyo ni byo mwahamagariwe, kuko na Kristo yabababarijwe akabasigira icyitegererezo, kugira ngo mugere ikirenge mu cye.
Dufite ingero nyinshi Bibiliya itwereka zibyo dukwirirye kugenderamo n'izindi mbi dukwiriye kwirinda ariko Kristo ni urugero ruruta izindi turasabwa kugera ikirenge mu cya Kristo.
Gusa na Kristo ni intego y'ubuzima ya buri muntu dukwiriye gusa na Kristo mubyo dukora mu byo tuvuga ndetse no mu buzima bwacu bwa buri munsi.Dukwiriye kwiga kugera ikirenge mucya Kristo tukarenga ku kubivuga gusa
Abaroma 8:29
kuko abo yamenye kera yabatoranirije kera gushushanywa n'ishusho y'Umwana wayo, kugira ngo abe imfura muri bene se benshi.
Abefeso 4:11-13
11.Nuko aha bamwe kuba intumwa ze, n'abandi kuba abahanuzi, n'abandi kuba ababwirizabutumwa bwiza, n'abandi kuba abungeri n'abigisha,
12.kugira ngo abera batunganirizwe rwose gukora umurimo wo kugabura iby'Imana no gukomeza umubiri wa Kristo,
13.kugeza ubwo twese tuzasohora kugira ubumwe bwo kwizera no kumenya Umwana w'Imana, kandi kugeza ubwo tuzasohora kuba abantu bashyitse bageze ku rugero rushyitse rw'igihagararo cya Kristo,
Imana irashaka ko tugera ku rugero rushyitse arirwo gusa na Kristo,niba tunaniwe cyangwa tuguye mu byaha twe gutera Imana umugongo tuyihunge ahubwo tuyihungireho kugirango dukomeze kugera ikirenge mucya Kristo duse na we.
Ibintu 3 byagushije abantu:
1.Ubusambanyi.
Samson yagiye kuvuka Malayika yavuze abwira ababyeyi be uko akwiriye kubaho ariko icyaha cy'ubusambanyi kimukubita hasi.Tuzibukire icyaha cy'ubusambanyi twange kucyigenderamo dukomeze gusa na Kristo.
2.Amafaranga.
Yuda yakundaga amafaranga akunda na Yesu bituma agambanira Kristo umwana w'Imana kubera gukunda amafaranga.Dukunde Yesu niwe we kuduha ayo mafaranga.
3.Ubwibone.
Ubwibone bwatumye abantu benshi banyerera bareka gusa na Kristo.
Abagalatiya 5:22
22.Ariko rero imbuto z'Umwuka ni urukundo n'ibyishimo n'amahoro, no kwihangana no kugira neza, n'ingeso nziza no gukiranuka,
23. no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana.
Niba dushaka gusa na Kristo by'ukuri twige gukunda nkuko Kristo adukunda,Imana iradusaba urukundo nyarwo,gukunda ni ugutanga.
Abantu Imana idusaba gukunda:
▪︎ Imana iradusaba gukunda bagenzi bacu kuko nidukunda bagenzi bacu tuzaba turi kugera ikirenge mucya Kristo.
▪︎ Imana iradusaba gukunda abo dusengana.Yesu aradusaba gukundana(abakristo) nkuko yadukunze.
▪︎ Imana idusaba gukunda abavandimwe bacu.1 Timoteyo 5:8(Ariko niba umuntu adatunga abe cyane cyane abo mu rugo rwe, aba yihakanye ibyizerwa, kandi aba abaye mubi hanyuma y'utizera.)
▪︎ Imana iradusaba gukunda abanzi bacu.Dusabire abanzi bacu umugisha tutarebye ku bibi baba badukoreye.
Dukomeze tugere ikirenge mucya Kristo.
Imana ibahe umugisha!!!
Kwiga gutona ku Mana
Pastor Didier
22/8/2021
▪︎Imana irashaka kubaka ubushuti natwe kugirango itunezeze ariko aritwe twabanje kuyinezeza.Tugire umuhate wo kurangira abantu Kristo kuko ariwe rembo gusa rigana mu ijuru.
Kuva 33:11-15
▪︎Bibiliya itubwira uko Mose yavuganaga n'Imana nk'inshuti ye ikamubwira ngo ajyane ubwoko bw'abisirayeli kandi Uwiteka akamubwira ko ari kumwe nabo ariko Mose abwira Imana ko nitajyana nabo itari bubakure aho.
▪︎Iyo ushaka kuba umutoni ku Mana ntago uyikundira ibyo itanga(amafaranga,ibyo dukeneye...) ahubwo uyikundira icyo iricyo.Kugirango ube umutoni ku Mana ntibizaturuka ku mpano ufite ahubwo bituruka ku mutima ukunda Imana utayikundiye ibyo itanga.
▪︎Ntago tugomba gushaka Imana kuberako tugeze mu bibazo ahubwo tugomba guhora dusabana nayo ibihe byose atari uko hari icyo tuyishakaho gusa.Mose yabwiye Imana ko nibatagendana atari babakure aho bari bari,ntiyashakaga umugisha wayo gusa cyangwa Malayika ahubwo yashakaga Imana ubwayo.
Yohana 8:29
Kandi uwantumye turi kumwe, ntiyansize jyenyine kuko mpora nkora ibyo ashima."
▪︎Turi mu isi ishaka ko dukora ibyo ishaka tugenda uko ishaka ariko abatoni b'Imana bagenda uko Imana ishaka kandi bagakora ibyo Imana ishima.Imana irashaka ko tuyikunda kandi tukitondera amategeko yayo.
Imana ibahe umugisha!!!
Kubwo kudacogora.
Pastor Didier
15/8/2021
Luka 8:15
Izo mu butaka bwiza, abo ni bo bumva ijambo bakarifata neza mu mitima inyuzwe myiza, bakera imbuto ku bwo kwihangana.
▪︎Kwihangana ni igihe uhura n'ibibazo ariko ntiwemere ko bigushyira hasi ngo bikugushe.Kudacogora ni igihe uhura n'ibibazo ukiyemeza gukomeza urugendo.
▪︎Bibiliya itubwira umubibyi yasohoye imbuto zimwe zigwa ku kara abo ni abumva ijambo ariko satani akaribiba,hari izaguye mu mahwa araziniga aribo bumva ijambo ariko kubw'ibigeragezo ntibarikomeze hari n'izaguye mu butaka bwiza aribo bumva ijambo bakarikomeza.
▪︎Birashoboka ko ubu waba uri mu bihe byiza ariko ejo cyangwa ejobundi hakaza ibibazo by'ubuzima ariko Kristo aradusaba kudacogora uko byaba bimeze kose.
Luka 5:17-20
▪︎Yesu yajyaga yigisha abafarisayo n'abigishamategeko Yesu yarafite imbaraga zo kubakiza hanyuma bazana umuntu waremaye ariko babura aho bamucisha kuko hari abantu benshi maze bamucisha mu mategura bamumanuraga n'ingobyi Yesu abonye kwizera bafite akiza uwo muntu amubwira ko ibyaha bye abibabariye.
▪︎Kudacogora ni ukumenya ko ibyo Imana yavuze uzabigeraho ushyizeho uruhare rwawe.
Ibyo twakwigira ku bantu bari bafite ingobyi irimo uremaye:
1.Ibyiringiro.
Ibyiringiro nibyo bituma tudacogora,nibyo bituma twigira imbere nicyo gituma tudakwiriye kubitakaza.
▪︎Bibiliya itubwira umugore warumaze imyaka 12 ava ariko yumvise ko Yesu agiye guca aho yibwira mu mutima we ko nakora ku mwenda we ari bukire.Imana ihagurutse abafite ibyiringiro mu Mana.Ibyiringiro bivuga ko uzabyara isezerano uko byagenda kose.
▪︎Nusanga umuryango ufunze ntuzacogore ahubwo uzashake iyindi nzira.Nubwo ukuri gutandukanye nibyo wiringiye komeza wiringire,kubwo kudacogora hari icyakoreka.
3.Nubwo ibyabaciye intege byari bihari na Yesu yaragihari.
Nubwo duhura n'ibibazo n'intambara Yesu aracyahari icyo dusabwa n'ukudacogora,ntanakimwe kizatubuza gukira nitudacogora.
▪︎Mu kudacogora hari abadashobora kukumva si ngombwa ko wisobanura ahubwo umenye uwo ugomba kubibwira kuko nubwo batakumva ariko Yesu aracyahari kandi arakora.
Imana ibahe umugisha!!!
The podcast currently has 10 episodes available.