U RWANDA NGO NI URWAMBERE MURI AFRIKA MU GUTEZA IMBERE UBUHINZI, ITEKINIKA TUMENYEREYE.
1. U Rwanda rwongeye kwihesha umwanya wa mbere mu buhinzi.
2.Turi abambere mu guteza imbere buhinzi no kwihaza mu biribwa; nyamara imbuto tuzigura mu bihugu twasize inyuma mu bushakashatsi!! Abanyarwanda bashonje basuhukira mu bihugu turusha amanota meza mu kwihaza mu biribwa !! Iki kinyoma cyafatwa gite?
3.Si ubwambere batekinika imyanya ya mbere, ibikombe cg se imidari.
4.Turagaruka ku matekinika Leta y’ikinyoma yagiye ikora mu buhinzi n’ubuvuzi, ariko bigapfira ko hari ibintu bitabeshyeka( ibibazo bigaragarira amaso biri kuri terrain).
5.Abadepite baranenga uko Minagri na Minicom byatwaye mu kibazo cy’ibirayi.
6.Ikibazo cy’ibirayi ngo kigiye kuzuza imyaka 10 mu Nteko kigarukwaho kidakemuka. Kunyunyuza abahinzi byabaye ihame mu Rwanda bamwe babihawemo ikiraka.
7.Ministri w’ubuhinzi yavuze ko guhindagura abayobozi bakora nabi nta gitangaza kirimo. Kagame we azagenda ryari ko ariwe ubarusha kwiba no kwica?
8.Ministre w’uburezi yasabwe ibisobanuro ku mpamvu kudefenda byaciwe muli kaminuza.
9. I Bugesera abaturage bahawe amashanyarazi adafite ingufu ( umuseke, 21.2.2018). Nta gishya hirya no hino mu gihugu bashyirwa mu mibare y’abagejejweho amazi n’amashanyarazi, nyamara robine zimaze imyaka n’imyaniko nta gitonyanga, umuriro babonye nta ngufu ufite, haba nizo kureba televisiyo cg gukoresha frigo. Viziyo 2020