Nyuma y’Inama yabereye i Geneve ku itariki ya 30 Nzeli 2016 ku cyicaro cya HCR, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi hasotse itangazo rirebana no gusoza burundu mu mpera z’Uwaka w’2017 ibyo guhagarika ubuhunzi ku mpunzi z’abanyarwanda zo hagati ya 1959 na 1998.
Iyo nama yari yahuje abaministiri baturutsi mu bihugu by’Afrika byakiriye impunzi nyinshi z’abanyarwanda, intumwa z’uRwanda, iza HCR n’iza Afrika Yiyunze. Ibyo bihugu bikaba ari : Angola, u Burundi, Cameroun, Republika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya, Malawi, Republika ya Congo, Afrika Y’epfo, u Buganda, Zambia na Zimbabwe.
Akanama gashinzwe gukurikiranira hafi ikibazo cy’impunzi z’abanyarwanda kashyizweho n’inama mpuzamahanga yabereye i Buruseli ku matariki ya 19-20 Mata 2013, kazatanga ikiganiro kuri uyu wa gatandatu tariki ya 22/10/2016.
Abazatanga icyo kiganiro bazibanda cyane cyane ku ngingo zikurikira :
-Amavu n’amavuko yo guhagarika ubuhunzi z’abanyarwanda
-Impamvu icyo cyemezo kireba impunzi zo hagati ya 1959 na 1998 kandi na nyuma yaho kugeza magingo aya abanyarwanda badasiba guhunga
-Abafite inyungu mu guhagarika ubuhunzi
-Ingamba zafashwe zo guhagarika ubuhunzi
-Uko Leta y’u Rwanda yakiriye icyo cyemezo n’uko yagisobanuye
-Uko ibihugu bicumbikiye impunzi zabyitwayemo kuva aho izo ngamba zitangiriye gushyirwa mu bikorwa
-Uko impunzi zabyitwayemo n’ibibazo zahuye na byo
-Ingaruka z’iki cyemezo mu minsi ya vuba na nyuma ya 2017
-Inama aka kanama kagira impunzi zirebwa na kiriya cyemezo kimwe n’izigihunga u Rwanda
Abatumirwa muri iki kiganiro ni ba Bwana Kalinganire Pasikali, Niyibizi Mikayire, Rusangiza Isaka na Condo Gerivazi