1.Habura iminsi 10 ngo inama y’abakuru b’ibihugu na za gvt z’ibihugu bigize umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza CHOGM iteranire i Kigali mu Rwanda.
Imiryango mpuzamahanga 23 idaharanira inyungu iratabariza abanyarawanda kubera ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, ikanerekana ibikwiye guhinduka. Iyi miryango iramagana kubika umutwe bikorwa n’ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth, cg se kuruca ukarumira imbere y’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda, ikintu iyi miryango ivuga ko gishobora gutesha agaciro umuryango wa Commonwealt.
2.Mu gihe ibiciro by‘ibiribwa byatumbagiye bikagera hafi 16% muri Gicurasi 2022 kandi Leta ivugako izamuka ry’ibiciro ryakwihanganirwa ari 5%, mu gihe kandi NISR mu kigeranyo cyayo ku mibereho y’ingo cyo ku mu Kuboza 2018 yasobanuye ko kutagabanuka k’ubukene hagati ya 2014-2017 kwaturutse ku biciro by’ibiribwa byatumbagiye, 70% y’ubukene bikaba biterwa n’ibiciro by’ibiribwa biri hejuru, mu gihe kandi Banki y’Isi yagaragaje ko mu Rwanda abantu bagera ku bihumbi 600 banyereye bakagwa mu bukene kubera covid 19.