1.Abagenzi bakoresha imodoka rusange ngo kuva muri 2014 bararira ayo kwarika. Ikibazo cyabo ngo ni uko batonda imirongo idashira bategereje amabisi atwara abagenzi,ariko kubera ubucye bwayo bigatuma abakozi batinda kugera ku kazi, abatega nimugoroba bagatinda kugera mu ngo zabo. Iyi nkuru y’igihe.com cyo ku wa 02.02.2022, iherekejwe n’imirongo miremire cyane y’abantu bateze za bisi.
2.Uturere dukomeje gutekinika imibare y’abana bangwiginye n’ubwo tutahwemye kwerekana ko imibare mito cyane dutanga mu itangazamakuru ihabanye cyane n’imibare iri officiel. Akare ka Musanze mu nkuru ya Kigalitoday yo ku wa 31.01 2022 kagaragaza ko gasigaranyegusa abana bagwingiye 297. Nyamara ibi ntibishoboka.
3.Abaturage 48% badashobora kugerwaho n’amashanyarazi y’umuyoboro mugari cg se badafite ubushobozi bwo kuyigondera ( Bwiza.com, 09.01.2022) kubera ko batabasha kuyishyura buri kwezi, Leta ikaba ivuga ko bazahabwa umurasire ( Energie solaire) Leta yaba irimo kubapfunyikira amazi?? Inkuru zirimo guturuka mu midugudu y’ikitegererezo, ahatujwe abaturage babarizwa mu bukene bukabije, aratwereka ko umurasire bahabwa kuberako ko batbasha kwishyura amashanyarazi asanzwe (Horezo, Muhanga) ngo ntacyo ubamariye, ngo ntahantu bagira bashobora gucomeka ipasi.