Ikaze kuri Radio Itahuka Ijwi ry' Ihuriro Nyarwanda. Iki ni ikiganiro Igihe n' Iki cyo kuwa 10/06/17: Ni Jean Paul ubategurira iki Kiganiro buri wa 5 w' Icyumweru. Mbanje kubashimira ko mwaje kwifatanya natwe muri iki kiganiro cyane cyane Ali Abdul na Epimaque Ntamushobora, dusanzwe dufatanya kukibagezaho.
Mukiganiro cyacu uyu munsi, turibanda kungingo z' Ingenzi zikurikira:
1. Inzego z' Ubutegetsi z' u Rwanda umunyarwanda yazigereranije n' Imbwa shebuja ashumuriza abantu. Ikibazo nibaza ni " Kuki izo ngirwa bayobozi zemera gukoreshwa muri ubwo buryo"?
2. Dr. Murigande Charles, yitabye Komite ishinzwe gukurikirana icungwa neza ry' uMutungo wa Leta. Ibyavugiwemo byatangaje benshi! ku buryo Kaminuza ya Leta icunzwe. (Management). Ese nibba Ireme ry' Uburezi ryarapfuye, abasohotse muri Kaminuza batanga musaruro ki?
3. Munama yahuje Intumwa z' Ibihugu byo muri East Africa muri Tanzania, u Rwanda rwanenzwe kumugaragaro n' Ibihugu by' ibituranyi. Aho bavuze kumugaragaro ko ireme ry' Uburezi ari urwondo, ariko rukaba ruzi guhisha amanyanga yabo. Turababwira uko byari byifashe.
4. Naho James Kabarebe aremeza ko Uganda yabaye umwanzi w' u Rwanda. Nabyo ni muri iki kiganiro
Mubindi turareba unzego zubuyobozi zitagihembwa, zegura umusubizo etc....