HOST: Gervais Condo
TOPIC : GERVAIS ARASESENGURA IJAMBO PEREZIDA PAUL KAGAME
Gervais Condo arasesengura ijambo Perezida Paul Kagame yagejeje kubitabiriye inama y'Umwiherero i Gabiro kuwa 8 Werurwe 2014.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abayobozi bakuru b’Igihugu bari kumwe nawe mu mwiherero i Gabiro, gusobanura impamvu ituma ibyagiye byemezwa bitagerwaho na nyirabayazana wabyo (ugomba kuba umuntu umwe atari muri rusange); kuko ngo igipimo cy’ubukungu kitazamutse nk’uko byemejwe ubushize.
Mu mwiherero wabaye mu mwaka ushize wa 2013, hari hemejwe kwihutisha gahunda mbaturabukungu EDPRS2, aho ubukungu bw’igihugu bwagombaga kuva ku kigero cya 8%, bukagera ku muvuduko wa 11.5%
Dr Habumuremyi yavuze ko mu bayobozi (ngo Perezida Kagame atarimo), hari “imikorere idahwitse yo gushyira inyungu zabo bwite imbere, uburangare, gusiragiza abaturage, kudashaka kuzuzanya, kutumva ibintu kimwe no kudaha uburemere umuvuduko ugomba kugenderwaho; aho abayobozi bamwe bategereza gusunikwa cyangwa bakanga gufata ibyemezo ahubwo bakabihirikira ku bandi.” Ministiri w’intebe yavuze ko imwe mu mishinga yakererewe cyangwa itarashyizwe mu bikorwa kubera iyo mikorere idahwitse, harimo kutubakira ku gihe ibitaro bya Bushenge, ingomero z’amashanyarazi amazi n’imihanda, stade ya Gahanga, idindira ry’imishinga yo guteza imbere ubworozi, inganda zitunganya ibiribwa; ndetse no gushora Leta mu manza.
andikira [email protected] cyangwa utubwire niba hari ibyo uzi ushaka kutubwira hano kuri radio Itahuka
facebook/ijwi ryihuriro nyarwanda/itahuka
follow us on twitter: rnc_usa
call in to listen Live 347 945 6449
andikira [email protected] cyangwa utubwire niba hari ibyo uzi ushaka kutubwira hano kuri radio Itahuka