HOST:GERVAIS CONDO
TOPIC:Gervais Condo aranenga bikomeye ijambo rya Perezida Kagame mu masengesho ngarukamwaka yo kuwa 12/01/2014
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko atazateshuka ku nshingano Abanyarwanda bamuhaye yo guhangana n’umuntu wese ugerageza kubahungabanyiriza ibyo bamaze kugeraho, ubwo abayobozi b’igihugu bari mu isengesho ngarukamwaka ryo gushimira Imana ibyo yagejeje ku Rwanda mu mwaka ushize wa 2013, no kuyiragiza ibiteganyijwe mu mwaka mushya wa 2014.
Nyuma y’isengesho, ijambo rya Perezida Kagame ryibanze ahanini ku gukangurira Abanyarwanda kugira ukwemera kubaha imbaraga zo kurinda ibyo Imana imaze kubagezaho, nyuma y’amakuba yagwiriye u Rwanda.
Perezida Kagame yavuze ko nta munyarwanda wakagombye guterwa isoni no guhangana n’abashaka gusenya igihugu, kandi ko buri muntu wese afite uburyo yabikoramo mu cyiciro cye.
Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko kubw’inyungu z’igihugu, ushaka gusenya u Rwanda nawe atazihanganirwa, ahubwo azahangana nawe nk’uko yabyemereye Abanyarwanda ubwo yarahiriraga kuyobora igihugu.
andikira [email protected] cyangwa utubwire niba hari ibyo uzi ushaka kutubwira hano kuri radio Itahuka
facebook/ijwi ryihuriro nyarwanda/itahuka
follow us on twitter: rnc_usa
call in to listen Live 347 945 6449