1.Umunsi mpuzamahanga wa Demokarasi ku Isi utandukanye cyane nuko Leta y'agatsiko ibyumva.
a.Nyuma y'imyaka 26 u Rwanda ntirurasobanukirwa na Demokarasi.
b.U Rwanda ruri mu myamya y’inyuma mu kwimakaza Demokarasi.
c.The Economist Intelligence Unit's index of democracy iheruka muri 2019 yashyize u Rwanda ku mwanya wa 129 mu bihugu 167.
d.Ubushakashatsi buheruka bwahaye u Rwanda amanota 3/10 yashingiweho.
e.Rwanda Governance Scorecard ivuga ko demokarasi yo Rwanda iri hagati 74 & 90 %.
2.Umuryango wa Rusesabagina utewe impungenge n'ubuzima bwe nyuma yo kumubona ejo yitabye urukiko.
a.Carine Kanimba yaganiriye na VOA avuga ko batewe impungenge n'ubuzima bwa Paul Rusesabagina.
b.Umuryango wa Rusesabagina ukomeje gushimangira ko ibyakozwe byose ari ikinamico.
3.Inama y'abakuru b'ibihugu byo mu karere izabera i Goma taliki ya 20/09/202
a.Uyu munsi Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Congo yakiriye Ambasaderi wa Uganda i Kinsansa bagirana ibiganiro birebana n'inama yabakuru bibihugu.
b.Marie Tumba Nzeza aganira na mugenzi we James Mbahimba nibwo batangaje ko inama izabera i Goma taliki ya 09/20/2020.
4.Inama ya Goma igiye guterana mu gihe Imitwe ikomeje kuvuka muri Kivu umunsi kuwundi.
a.Inzego za Leta ya Congo ziravuga ko hari undi mutwe wavukiye i Rushuru muri Kivu ya ruguru.
5.Apartheid mu gupiganira akazi ko kuyobora ibigo by'amashuri mu Rwanda.
a.Ikigo cy'igihugu REB cyashyize hanze itangazo ryo gupiganirwa kuyobora ibigo by'amashuri ariko hari abatemerewe kandi bafite ubushobozi.
b.Abarimu baravuga ko bafite uburambe "Experience" kandi bafite Diplôme babisaba ariko bakaba batemerewe gupiganira iyo myanya yashyizwe ku isoko.
c.Leta y'agatsiko iravuga ko yashyize ku isoko imyanya ibihumbi 28, yo gushaka abarimu n'abayobozi kubera COVID-19.