ITANGAZO RIGENEWE ABAYOBOKE B’IHURIRO NYARWANDA : UMURONGO W’IHURIRO NYARWANDA KUMATORA YA PEREZIDA
Mu mpera z’umwaka ushize wa 2016, Leta y’u Rwanda yatangaje ko amatora ya Perezida wa Republika azaba mu kwezi kwa Kanama 2017.
Hakurikijwe icyemezo cy’inama ya Biro politiki yaryo yo kuwa 17 ukuboza 2016, Ihuriro Nyarwanda riramenyesha abayoboke baryo bose ko ryamagana ayo matora kubera ko ahabanye cyane n’amahame ya Demokarasi riharanira.
Ihuriro Nyarwanda ryemera ko amatora arangwa na demokarasi agomba kuba yujuje ibyangombwa bikurikira :
Gushingira ku mategeko yashyizweho mu bwisanzure
Kwemera ubwisanzure bw’imitwe ya Politiki no kuyiha amahirwe angana
Gutegurwa kandi agashyirwa mu bikorwa n’inzego zigenga
Kwemera uburenganzira bwa buri muntu mu gutanga ibitekerezo no gushyigikira umutwe wa politiki ashatse
Kwemera ubwisanzure bw’itangazamakuru
Nk’uko bigaragarira buriwese, nta nakimwe muri ibyo byangombwa kirangwa mu Rwanda
Itegekonshinga ryahinduwe hakoreshejwe referendum mu gahato n'iterabwoba kugira ngo perezida Paul Kagame ashobore kwiyamamariza manda ya gatatu, binamubere urwinjiriro rwo kuzaba umukuru w’igihugu ubuzima bwe bwose. Abayobozi bakuru barahiriye kubahiriza Itegekonshinga nibo babaye abambere mugukora amanyanga yo kurivutsa umutima waryo, baryambura abaturage barigabira umuntu umwe. Ibi byatumye ibihugu by’amahanga byari bisanzwe ari inshuti z’u Rwanda nka Leta zunze ubumwe z’Amerika n’ibihugu byo mu muryango w’ibihugu by’i Burayi bivuga ko iryo hindurwa ry’itegekoshinga nta gaciro rifite kuko rikozwe «mu nyungu z’umuntu umwe rukumbi», kandi ko perezida Kagame atarakwiye kwihambira kubutegetsi nyuma ya 2017 kuko «nta muntu kamara ubaho». Mubyukuri, aha niho amatora yarangiriye.