ALOYS SIMPUNGA: U RWANDA RWARI RWIZA KANDI NDURATIRA ABATARABIMENYE
“Ibyiza byawe nzabirata maze babiburire igiciro”
Ubwiza bw’u Rwanda nibwo buha umunyarwanda imbaraga zo kubulinda. Kumenya ubwiza bw’u Rwanda nibyo bitera kububungabunga no kubulinda ababusenya babutera ikizenga. Kuvutswa ubwo bwiza bw’u Rwanda nibyo biha umunyarwanda impamvu zo kuburwanilira.
Izo nteruro eshatu zishamikiye ku bwiza bw’u Rwanda zihamagarira umunyarwanda ibikorwa bitatu. Kulinda, guharanira no kurwanilira ubwo bwiza.
Uburanga bw’u Rwanda bubonwa n’abanyamahirwe bake. Uburanga bw’u Rwanda nta kindi gihugu rubuhuje. Ubwo buranga bukubiye mu miterere y’inyuma (Ubwiza bwo ku mubili) n’imiterere yihaliye y’imbere itabonwa na bose (Ubwiza bwo ku mutima). Uburanga bw’inyuma bugizwe n’imisozi, n’ibibaya, n’ibiyaga n’inzuzi. Naho uburanga bw’imbere ku mutima bugizwe n’abanyarwanda, n’umuco wabo n’imibereho yabo.
Hari abanyarwanda batabona ubwo buranga. Iyo utabona ubwo buranga ntugira isura nyayo y’u Rwanda. Urugero: Utaragera mu gihugu gishyuha cyangwa gikonja cyane ntabona neza isura nyayo n’ubwiza Imana yatatse u Rwanda rudashyuha ndetse ntirukonje.
Abahanzi bagiye badutanga kubona ndetse bakanatwereka ubwo buranga bwihariye bw’u Rwanda.
Muli iki kiganiro, turagerageza kwifashisha abo bahanzi batweretse bumwe mu bigize uburanga bw’u Rwanda. Mu myaka ya 80-90, habayeho génération y’abahanzi, bakozwe ku mutima babona isura nyayo y’uburanga bw’u Rwanda maze bayidushyira imbere y’amaso, bayidutera mu bwenge aliko cyane cyane bayidushyira mu mitima. Nkurikije ubuhamya butandukanye, icyo gikorwa cy’abo bahanzi cyagize uruhare rukomeye mu gutuma FPR yarashobotse kubaho