1.Min Dr. Ngamije Daniel yemeje igerageza ry'urukiko rwa Covid-19 ku banyarwanda ruzatangira vuba.
a. Dr. Ngamije Daniel yari kumwe na Edourd Ngirente aho basobanuraga gahunda ya Leta muguhangana n'ingaruka za Covid-19.
b.Asubiza ikibazo kirebana n'impamvu abanyarwanda badakora ubushakashatsi bwo kubona umuti wa COVID-19 Min Dr. Ngamije Daniel yashubije ko bisaba ibintu byinshi ariko ko hari hari ibigo bifite amasezerano nabo , ko bagiye gutangira gukora Clinical testing ku banyarwanda.
2.Dr Ngirente Edouard yatangaje ko atazi niba amashuri mu Rwanda azafungura kubera COVID-19.
a.Abantu bakomeje kwibaza niba Leta y'agatsiko izabasha gushyiraho gahunda ituma amashuri afungura mu kwezi kwa 9.
b.Ngirente yashimangiye ko abanyarwanda bagomba kwitegura kubana na COVID-19 ariko igitangaje ni uko nta gahunda y'uburezi Leta yabashije kugaragaza.
3.umunyemari Nkubili Alfred yajyanywe mu bitaro igitaraganye kubera Iyicaruboza rifatanye n'uburwayi.
a.Radio Itahuka yabashije kumenya amakuru y'ubuzima bwa Nkubili Alfred.
b.Amakuru twabashije kumenya ni uko uyu munsi bamujyanye kwa muganga igitaraganya.
c.Famille ya Nkubili yakomeje gukora ubuvuzigi biba iby'ubusa.
d.Nkubili arazira amafaranga, Kaga atabasha kumenya aho ayabika.
e.Hari kandi ibindi bibazo Nkubili abazwa byaba birebana n'ubucuti umwana we yaba afitanye n'umukobwa ukomoka muri Uganda.
f.Miliyari 2 Nkubili yatanze ko ntaho zigaragara muri Dossier ye?
4.Impinduka iratutumba m'ubutegetsi bwa President Félix Tshisekedi nyuma yaho FCC yamaganiye impinduka zakozwe na President Félix Tshisekedi.
a.Pres Félix Tshisekedi aherutse guhindura bamwe mu bayobozi bakuru ba Gisirikare aho atigeze agisha inama Minisitire w'intebe ukomoka mu iishyaka rya FCC.