1.Transparency International Rwanda isanga igihe kigeze ngo ibifi binini bikurikiranwe mu rwego rw'amategeko.
a.Uyu muryango urizera ko igihe cyaba kigeze ngo ibifi bitangire gukurikiranwa mu mategeko.
2.Johnston Busingye yavuze impamvu turimo kubona abantu barimo gufungwa no gukurikiranwa cyane muri iyi minsi.
a.Johnston Busingye yashimangiye ko umuntu wese, hatitawe ku mwanya akoramo cyangwa se uwo ariwe, uzafatirwa mu byaha bimunga ubukungu bw’igihugu, azakurikiranwa n’amategeko.
b.Busingye yagarutse ku buryo muri iyo nama Perezida Kagame yamuhagurukije akamusaba mu buryo bwihariye, ko akwiriye kwita kuri iki kibazo nk’ushinzwe urwego rw’ubutabera.
c.Busingye yavuze ko iyo umuntu ari umuyobozi ashobora guhura n’ibishuko bituma arenga ku nshingano ze, ariko aba akwiriye gukora ibishoboka byose akabyirinda, kuko iyo bitabaye gutyo arabibazwa.
3.Minisiteri y'umuco yahamagariye urubyiriko kwiyandikisha muri gahunda yo gusigasira imihanda y'ibitaka.
a.Min Claver Gatete aherutse kujya gutanga ibisobanura mu nteko Nshingamategeko ku kibazo kirebana n'imihanda.
b.Imihanda y'ibitaka ihenda cyane mu Rwanda.
c.Umuhanda w'igitaka utwara hagati ya miliyoni 80-90 kuri kirometero 1.
d.Umuhanda wa Kaburimbo iciriritse utwara hagati ya miliyoni 160-250 kuri kirometero 1.
e.Umuhanda wa kaburimbo yuzuye utwara hagati ya miliyoni 600-800 kuri kirometero 1.
4.RIB yatangaje ko yataye muri yombi ba rwiyemezamirimo 9 barimo na Nkubiri Alfred.
a.Umuvugizi wa RIB, Dominique Bahorera, yabwiye IGIHE ati: “Mu bantu 12 dukurikiranye, abantu icyenda barafashwe barafungwa bakorerwa amadosiye, bashyikirijwe ubushinjacyaha. Bishyuzwaga arenga miliyari icyenda.”