1. Impamvu twakunze gusubiramo zo guha ibyiciro bimwe na bimwe by‘abaturage isabune, amazi
n‘udupfukamunwa tw‘ubuntu zatangiye kwigaragaza. Udupfukamunwa miliyoni 3 twabuze isoko,
ariko bitewe n‘uko hari abatabasha kwigondera agapfukamunwa. Ni nayo mpamvu Rotary Club
Kigali“ yatekereje gushyigikira abadafite ubushobozi bwo kubona udupfukamunwa
kugirango nabo birinde neza“. Rotary Club kigali yatanze impano y‘udupfukamunwa 8000
tugenewe abaturage bo mu Rutsiro. Abakoze udupfukamunwa barasaba Leta kumanuka ikatugeza
ku abaturage kugeza mu tugari. Ministre Nyirarukundo Ignacienne uvuga ko ntawe ukwiye
kwitwaza COVID-19 ngo atisyhura mutuelle, abananiwe kwigondera udupfukamunwa arabwira
iki ? Ibyo abwira abaturage nabibwire na Rwandair, amahoteli, ibigo byigenga byirukanye abakozi
cg bitishyuye imisoro kubera ingaruka za COVID-19 . Ijwi ry‘Amerika ryatangaje inkuru ivuga ko
mu mujyi wa Kigali ivuga ko hari aho abaturage bamaze ukwezi batabona amazi, kandi mu gihe
cya COVID-19 abantu bose bagomba guhorana amazi yo gukaraba.
2. Leta y‘agatsiko iratangaza ikigega kigamije kuzahura ubukungu bwazahajwe na coronavirus
kilimo miliyoni 200 $ kizaha ibigo bito n‘ibiciritse inguzanyo zihendutse, zizishyurwa igihe
kirekire ku nyugu ziciriritse (igihe.con, 5-6-2020). Abakunda kugaruka mu bazafashwa kw‘ikubitiro
ni amahoteli twese tuzi ba nyairayo. Ku rundi ruhande hari abarimu bo mumshuri yigenga
basezerewe ku kazi by‘agateganyo kubera ko amashuri yafunzwe kugaze muli nzeri. Aba barimu
babaye nka ka gapira ka ping pong. Ibigo bisaba Leta kubafasha, aho kubafasha, nayo itegeka
Mwarmu sacco guha ibigo byabahagaritse inguzanyo special yo kubatunga igihe amashuri
ataratangira, ngo ikigo ntikemerewe kurenza miliyoni 60 . Inyungu ni 13%.